|
right side
![]()
Ese koko guhera kw’igitsina cye mu cy’umugore bari gutera akabariro byaturutse ku marozi ?
kuya 17-05-2012 saa 04h44'
| 7 Izindi Nkuru
RDC : Makenga yasabye ingabo kuryamira amajanja kuko batangiye gusatirwa
Mitchell yisobanuye ku mpamvu yatumye arekura imfashanyo u Bwongereza bwari bwahagaritse k' u Rwanda
Ukwiyongera kw’abakora umwuga w’uburaya niryo pfundo ry’ubwiyongere bwa Sida mu Rwanda
Kongo Kinshasa : Abasirikari ba Angola bongeye kugaragara ku butaka bw'iki gihugu
Muri iyi iminsi hari amashusho amaze iminsi mike azenguruka ku mbuga za interineti cyane kurubuga rwa Youtube (http://www.youtube.com/watch?v=h-UN...),ahagaragazwaga umugabo w’umunyakenya wari guasambana n’umugore utari uwe, nawe we muri icyo gihugu,ariko bikaza kurangira bananiwe gutanduka kuko igitsina cye cyari cyafatiwe mucy’umugore bari guhuza urugwiro. Aha hahurujwe inzego zitandukanye zirimo iza gisirikare,iza gipolisi ndetse n’abatara amakuru benshi baba abafotora cyangawa abafata amashusho ndetse n’abandi bantu bazaga kwirebera ayo mahano. Buri wese yavugaga ko aba bantu barozwe n’umuwe mu bafasha babo dore ko bose bari baciye inyuma abo bashakanye.Uretse n’aba bo muri Kenya,mu guhugu cyacu byigeze bibaho,nabyo abantu bati barozwe da ! Nyuma y’izi mpanuka zombi rero,twifuje kubamenyera no kubagezaho icyaba gitera iyi mpanuka. Iyi mpanuka abantu benshi ntibayizi,ahubwo iyo bumvise uwo yafashe,bihutira gutekereza ko yarozwe.Ibyo rero siko bimeze nubwo aha ntashobora kwirengagiza ko n’ubwo burozi muri ibi buhugu byacu bya Afurika bushobora kuba bubaho cyane . Ugufatwa kw’igitsina gabo mu cy’umugore (penis captivus) biterwa n’iki ? Ibi biri mu bintu biza bitavuye ku bushake bw’umuntu,ahubwo bikaza byizanye nkuko bizwi ku izina rya reflexe anormal mu rurimi rw’igifaransa,aha tukaba twabishyira mu rwego rumwe no guhumbya amaso,kwayura n’ibindi. Ifatirwa ry’igitsina cy’umugabo mu gitsina cy’umugore rero,biterwa n’uko imitsi igize igitsina cy’umugore mu gihe bari gukora imibonano mpuzabitsina iba yareze cyane,bityo hakaba igihe ihise ihama mu mwanya umwe (La femme ne peut pas relaxer ces muscles) aribwo iba ikaciye neza igitsina gabo bityo umugabo akaba adashobora kwiyaka umugore nta bundi buryo bukoreshejwe. Ni gute wavura iyo mpanuka ? Uretse guhita uhuruza imbangukiragutabara,rimwe na rimwe bamwe ugahita wirukira mu bapfumu n’abavuzi ba kinyarwanda,uburyo bwo kuvura iyo ndwara ni bumwe kandi bworoshye. Ambara gant,maze wohoreze urutoki rumwe mu kibuno cy’umugore cyangwa ubwire umugore abyikorere,ya mitsi yo mu gitsina cy’umugore isa n’iyahagaze (yaheranye igitsina cy’umugabo) gukora irahita irekura ako kanya. Ernest NDAYISABA Umuryango.com |
