|
right side
![]()
Ese koko umujyi wa Muhanga uza kumwanya wa kabiri nyuma ya Kigali ?
kuya 11-05-2012 saa 03h04'
| 7 Izindi Nkuru
RDC : Makenga yasabye ingabo kuryamira amajanja kuko batangiye gusatirwa
Mitchell yisobanuye ku mpamvu yatumye arekura imfashanyo u Bwongereza bwari bwahagaritse k' u Rwanda
Ukwiyongera kw’abakora umwuga w’uburaya niryo pfundo ry’ubwiyongere bwa Sida mu Rwanda
Kongo Kinshasa : Abasirikari ba Angola bongeye kugaragara ku butaka bw'iki gihugu
Umujyi wa Muhanga ni umwe mu mijyi igaragaza ko iri gutera imbere ku buryo bwihuse, ahanini mu bijyanye n’ibikorwa by’ubucuruzi. Iyo witegereje uyu mugi muri iki gihe, usanga inyubako nyinshi zihiganje ari amagorofa y’ubucuruzi,ibikorwa by’amajyambere nk’amabanki, amamodoka y’ubwikorezi, ndetse n’ibigo bya za service. Ibi byose, cyane cyane inyubako (z’amagorofa) ni byo bituma abantu bamwe bavuga ko Muhanga ari umujyi wa kabiri nyuma ya Kigali,mu gihe abandi bavuga ko uwa kabiri waba Musanze,abandi Rubavu. Nk’umuryango.com twiyemeje kubagerera henshi mutagera no kubarebera ibihari tukabibagezah ; ni muri urwo rwego, umunyamakuru wacu yasuye umujyi wa Muhanga muri iyi minsi maze atuzanira amafoto ahagije, ngo atwereke ishusho y’umujyi wa Muhanga. Aya ni amwe mu mashusho agaragaza inyuabako z’amagorofa n’ibikorwa by’ubucuruzi bimaze kugera mu mujyi wa Muhanga.
Aha ni imbere ya Gare ya Muhanga
izi ni zimwe mu nyubako z’ubucuruzi
Amasoko ya kijyambere Super Market
Amazu menshi agiye Yubatse ku muhanda
Usibye inyubako zaba zarubatswe kera, ubu amazu yose ari kubakwa mu mujyi ari mu bwoko bw’amagorofa. Mwebwe se musanga umujyi wa kabiri nyuma ya Kigali ari uwuhe ? Richard Dan IRAGUHA |
