right side
Ibyuma bifata amajwi namashusho bikoreshejwe hose muri Interview,byaca akarengane
kuya 15-05-2012 saa 09h35' | 1   | 168  yanditswe na Ernest Ndayisaba

Kuri uyu wa Mbere habaye amahugurwa yateguriwe abashinzwe imicungire y’abakozi mu nzego za Leta ahunguranywe ibitekerezo kw’iteka rya Perezida ryo kuwa 29 Nyakanga 2011, rigena uburyo bwo gushaka no gushyira mu myanya abakozi bakora mu nzego z’imirimo ya Leta.

Zimwe mu mpamu nyamukuru z’aya mahugurwa,ikaba aruko iyi Komisiyo y’abakozi ba Leta yahuraga n’ibibazo bitandukanye birimo nko guhabwa raporo zituzuye nkuko biteganywa n’itegeko rya Leta, nko gusanga nta majwi cyangwa amashusho agaragara mu bizamini bya interview byatanzwe.

Olivier KANAMUGIRE ,umuyobozi ukuriye ishami rishinzwe kugenzura uburyo abakozi ba Leta bashyirwa mu myanya yasobanuye ko uretse na raporo zituzuye,bajya banakira ibibazo by’abayobozi abakoresha ibizamini batujuje ibyongombwa byose bisabwa,bityo agasanga aya mahugurwa yari ngombwa kugirango hibukiranywe zimwe mu ngingo zijya zirengwaho kandi ari ngombwa.

Uburyo bwo gukoresha ibyuma bifata amajwi ndetse n’amashusho bukaba bwarashyizweho nyuma yuko hagiye havugwa ibibazo by’uburiganya no kubogama mu gutanga ibizamini bya interview bwaba ubushingiye ku marangamutima,ikimenyane cyangwa ruswa.

Ernest NDAYISABA

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru
#1.Yanditswe na Umuyuda Kuya 15-05-2012 saa 12:52"

Hakwiye gushyirwaho ikigo gishinzwe kwinjiza abakozi bose mu mirimo. Muri Niger, niko babigenza, ntawi engarigea umukozi, aramuhabwa, akajya gukorana nawe amasezerano, bananiranwa agasubira hahandi bakamuha undi, uburyo kandi bikorwa haba harimo Transparence, ni ku rutonde ; nimero. iyo iyawe igezweho baraguhamagara ukajya aho bagusabye. Ntibaba banazi isura y’umukozi uzaza ! Naho hano iwacu twirirwa twikomanga mu gatuza ngo dufite transperence ! Yaheee ??!!! Twabaye nk’abafariz(s)ayi !


Andika Igitekerezo Hano