right side
Ishusho igaragaza perezida Zuma n’igitsina cye mu rwego rwo kumwita umusambanyi,yateje amahane
kuya 22-05-2012 saa 04h43' | 1   | | 1341  yanditswe na Ernest Ndayisaba

ANC ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rirasaba ku buryo budasubirwaho ivanwaho ry’igishushanyo kigaragaza perezida Jacob Zuma mu ishusho ya Lenine waranzwe n’igitugu ubwo yayoboraga igihugu cy’Uburusiya,iyo shusho kandi ikaba imugaragaza ndetse n’igitsina cye mu rwego rwo kwerekana ko ari umusambanyi. Iki gihangano kiswe "The Spear" cyangwa "La lance" bishatse kuvuga icumu mu rurimi rw’ikinyarwanda mu rwego rwo gushaka kwerekana ikirango cy’ishyaka rya ANC ari naryo rya Jacob Zuma.Ubu kiri mu duce tumwe tw’umugi wa Johannesburg, muri Goodman Gallery,mu rwego rw’imurikagurisha ry’umuhanzi w’umunyafurika y’epfo Brett Murray ryiswe ’Hail To the Thief’.

Iyi nteruro y’iri murikagurisha ubwayo "Gloire au chef" et "Gloire au voleur",bishatse kuvuga mu rurimi rw’ikinyarwanda ngo « Ikuzo ku mutware » na « Ikuzo ku gisambo » mu rwego rwo kwerekana ko ANC yamunzwe na ruswa kuva yagera ku butegetsi muri 1994.

Abagera muri iryo murikagurisha kandi bashobora kwigurira amashusho y’ikirango cy’ishyaka ANC yanditseho ngo "A vendre" cyangwa "Vendu" bivuga ko iri shyaka rya ANC rigurishwa cyangwa ryagurishijwe.

Iki gihangano kikaba gica amarenga ku buzima bwa buri munsi bwa Jacob Zuma,mu bijyanye n’imibonano mpuzabitsina kugeza ubu umaze gutunga abagore bane bose aho bamaze kubyarana abana 21,ndetse akaba yarigeze gushinjwa ibyaha byo gufata ku ngufu abagore mu mwaka wa 2006.

Ubwo Jacob Zuma yashinjwaga gufata ku ngufu,bakaba bari bamushushanyije bamwerekana agiye gufata umugore ku ngufu,icyo gihe nabyo bikurura amahane ku ishyaka ANC,iki gihangano kikaba cyari cyasinyweho mu izina rya Zapiro.

Ubu nabwo,ishyaka ANC rikaba risanga iki gikorwa kigamije kurisebya no kurisebereza umukuru aho ryagize riti : « Ishusho n’icyubahiro bya Jacob Zuma nk’ikiremwa muntu,nk’umukuru wa ANC ndetse nk’umukuru w’igihugu byahindanyijwe n’iki kiswe igihangano cya Brett Murray muri Goodman Gallery.Twasabye abatwunganira mu nkiko gusaba inkiko ko Brett Murray na Goodman Gallery bakivanaho ndetse no kurubuga rwe rwa interineti.

Ku ruhande rwayo,perezidansi nayo ikaba yagaragaje ko ari uburyo bwakoreshejwe buremeye kandi bukomeretsa aho umuhanzi yandagaza ubumuntu ndetse n’umurimo wa perezida wa Repubulika y’Afurika y’epfo.Niba umukuru w’igihugu yemera ko umuntu afite uburenganzira bwo kuvuga, ntibivuga ko umuntu akorehsa uburenganzira bwe ngo ahohotere icyubahiro n’uburenganzira bw’abandi.

Iki gihangano kikaba kikaba kimaze kubona umuguzi w’Umudage ku kayabo k’amafaranga y’ama euros 12900.

Ernest NDAYISABA

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru
#1.Yanditswe na leo Kuya 24-05-2012 saa 13:00"

ni hatari tu comme president


Andika Igitekerezo Hano