|
right side
![]()
Mu gikombe cy’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’uburayi yari gukina kimwe cya kane
kuya 29-03-2012 saa 01h22'
| 2 Nyuma yuko ikipe ya Chersea na Real Madridzimaze kubona itiki, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu amakipe yari ari gukina n’ikipe ya AC Milan yari yakiriye ikipe ya FC Barcelona, naho Marseille yakiyiriye Bayern Munich.
Umukino wahuzaga ikipe ya AC Milan na FC Barcelona, ni umwe mu mikino yari itegerejwe na benshi ariko warangiye nta kipe ni mwe ibonye igitego. Nubwo ikipe ya AC Milan mu gice cya mbere yabonye uburyo bwo gutsinda ikirangaraho. Mu mukino wo kwiishyura ikipe ya AC Milan bikayisaba kuzatsinda kandi ikazaba itari ku kibuga cyayo.
Umukino wahuzaga ikipe ya Marseille na Bayern Munich, Warangiye Bayern Munich itsindiye ikipe ya Marseille iwabo ibitego 2 kubusa. Ibitego byatsinzwe Gomez ku munota wa 44 w’igice cya mbere naho icya kabiri gitsindwa na Robben ku munota wa 70. Uyu mukino wagaragayemo amakarita y’umuhondo agera kuri 7. Kuruhande rwa Bayern Munich ni ane yose. Bikazagora ikipe ya Marseille kwishyura ibitego bibiri byose ku kibuga cya Bayern Munich. Kuri ubu amakipe akaba atari yisobanura uburyo azahura muri kimwe cya kane, uretse ikipe ikipe Bayern Munich igumye ku insinzi yayo ikazahura na Real Madrid. Naho hagati ya AC Milan na FC Barcelona, izatsinda ikazahura n’ikipe ya Chersea Sitio NDOLI Umuryango.com |
