|
right side
![]()
Nelson Mandela yizihirihe iwe imyaka 100 ANC imaze ishinzwe
kuya 31-05-2012 saa 04h41'
| 1 Umukambwe wahoze ayobora igihugu cya Afurika y’epfo Nelson Mandela, kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Gicurasi yizihirije iwe i Qunu, isabukuru y’imyaka 100 ishyaka rya ANC rifatwa nk’ikimenyetso cyo mbere mu kurwanya apartheid rimaze ribayeho.
Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru rumeursdabidjan.net,intumwa ziyobowe n’umukuru wa ANC, Baleka Mbete, zageze mu rugo rw’uyu mukambwe zimuzaniye itoroshi yacanywe mu rwego rwo kwizihiza iyi myaka 100 ANC imaze ibayeho. Aya makuru akomeza avuga ko izo ntumwa zamusanze ari kumwe n’umugore we ndetse n’abana be bato,maze aho yari yicaye mu ntebe iwe, abwira Baleka Mbete ko ashimishijwe cyane n’icyo kimenyetso bamukoreye. Nelson Mandela wahawe igihembo cya prix Nobel de la paix ku myaka 93,muri 1994 nibwo yatangiye kuyobora igihugu cya Afurika y’epfo aba abaye umuperezida wa mbere w’umwirabura uyoboye iki gihugu nyuma y’imyaka 27 yari amaze muri gereza azira guharanira uburenganzira bw’abirabura bari barakandamijwe n’abazungu.Nyuma yo kurangiza manda y’imyaka 5,yatangiye ikiruhuko cy’izabukuru. N.E Umuryango.com |
