|
right side
![]()
Ubushakashatsi ku mirushanyirizwe hagati ya Mitt Romney na Barack Obama bwashyizwe ahagaragara
kuya 10-05-2012 saa 14h36'
| 570 Kampanye zo kwiyamamaza ku mwanya wa prezida wa repubulika muri leta zunze ubumwe z’amerika zirakomeje,aho Barack Obama usanzwe ari na Perezida bivugwa ko ahanganye cyane n’umurepublicain Mitt Romney. Amakuru dukesha radiyo mpuzamahanga y’abafransa RFI ku rubuga rwayo rwa internet aravuga ko mu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara,bwagaragaje ko Romney ashobora kuzaza imbere ya Obama n’amajwi 48%,ku majwi 47% ya Barack Obama. Bamwe mu barebera hafi politiki ya hano muri leta zunze ubumwe z’amerika ,bakaba bavuga Perezida Barack Obama ashobora kuzatsindwa nka Nicolas Sarkozy mu matora ,bitewe n’ubukungu bw’igihugu busa n’aho butifashe neza ndetse n’ubushomeri buri mu gihugu. UWASE DENISE umuryango.com |
