right side
Umukuru wa Libiya ntiyapfuye nkuko byavugwaga mu binyamakuru bitandukanye
kuya 6-05-2012 saa 05h14' | 677  yanditswe na Ernest Ndayisaba

Mustapha Abdeljalil uyoboye Libiyamuri iyi nzibacyuho yagiye mu bitaro kuri uyu wa Gatandatu i Benghazi,kubera ikibazo cy’umutima uri gutera buhoro,aho amakuru yaturukaga mu binyamakuru bimwe na bimwe yavugaga ko yaba yasezeye ku isi.

Nkuko tubikesha ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP,uyu muyobozi wa Conseil national de transition (CNT),akaba yagombye gufata ijambo mu kanama gato n’abanyhamakuru ubwo yari kwa muganga kugirango akureho ibihuha by’uko yaba yitabye Imana.

Yagize ati : Ubuzima bwanjye bumeze neza.Gusa ni ikibazo cyari cyatewe n’umunaniro utewe n’akazi kubera ibibazo by’igihugu.

Umuyobozi w’ibitaro, Fathi Jehani,yatangarije AFP yatangaje ko abaganga ba Abdeljalil babashije kumusubuza mu buzima bwiza ndetse bakaba bamugeneye ikiruhuko cy’iminsi 3 aho bari bube bakimukurikiranye.

Fathi Jehani yarangije avuga ko Abdeljalil ameze neza uretse akabazo k’umutima n’umunaniro.

Ernest NDAYISABA

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru

Andika Igitekerezo Hano